Wednesday, March 11, 2026
UMUSHINGA TV
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • ubutabera
  • Amahanga
  • imyidagaduro
  • Imikino
  • Ikoranabuhanga
English Version
No Result
View All Result
UMUSHINGA TV
No Result
View All Result
Home Imikino

Byafashe indi ntera muri AS Kigali y’Abagore

Admin_Umushinga by Admin_Umushinga
September 19, 2025
in Imikino, Uncategorized
0
Byafashe indi ntera muri AS Kigali y’Abagore
0
SHARES
3
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ushinzwe ubuzima bwa buri munsi muri AS Kigali WFC, Djuma Kalufane asohoye itangazo rigaragaza abakinnyi bagombaga gutangira imyitozo itegura umwaka w’imikino 2025/2026 ariko batari barimo benshi mu bahoze muri iyi kipe, kuri iki Cyumweru babwiwe ko bagomba kugaruka mu kazi.

Mu Itangazo UMUSEKE ufitiye kopi ryo ku wa Kabiri, tariki ya 19 Kanama 2025 ryagaragaza abakozi bagomba gutangira akazi ku wa Gatatu, tariki ya 20 Kanama uyu mwaka, hahise hatangira gukorwa inama nyinshi za bimwe bitari ku murongo ndetse bivugwa ko hari ibyakozwe na bamwe ku giti cya bo.

Related posts

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

Iri tangazo ryavugaga ko utaribwibone ku rutonde rwari rwatangajwe icyo gihe, atagomba kwitabira iyo myitozo. Byasobanuraga ko yaba umutoza w’abanyezamu, Safari Mustafa ndetse n’abakinnyi bamwe bari bayisanzwemo ndetse banagifite amasezerano, batari bari mu bagombaga gukomezanya n’ikipe itozwa na Mukamusonera Théogenie.

Mu bari basanzwe bari kuri urwo rutonde, ni Ingabire Aline, Maniraguha Louise, Nyiramwiza Marthe, Uwamahoro Diane, Mutuyemariya Florentine na Coralie Odette Elsie Eyeang Nguema. Abandi bashya bakomezanyije n’aba, ni abiganjemo abato bivugwa ko ari bo umutoza mukuru yifuzaga kuzubakiraho ikipe.

Nyuma y’inama yabaye kuri iki Cyumweru ikabera ku Biro bya AS Kigali WFC biherereye i Nyamirambo ndetse ikayoborwa na Perezida w’ikipe, Shiraniro Ngenzi Jean Paul, umwe mu myanzuro yafatiwemo ni uko abari bahagaritswe mu kazi mu buryo budasobanutse kandi bagifite amasezerano y’akazi, bagomba kugaruka bagakomezanya n’ikipe.

Iyi nama yari yatumiwemo abakinnyi bakiniye iyi kipe mu mwaka ushize ndetse n’umutoza w’abanyezamu, Safari Mustafa. Bivugwa ko Perezida w’ikipe, Ngenzi, yabanje kunenga bimwe byakozwe n Djuma “Kibaza”, ariko anasaba imbabazi aba bakinnyi ku bw’ibyabaye impande bireba zitabizi.

Aba babwiwe ko guhera ejo, bagomba kuza bagakomeza akazi ariko abo amasezerano ya bo yari yararangiye, bakabanza bakagira ibiganiro bagirana n’ubuyobozi kugira ngo bamenye niba bakomezanya cyangwa batandukana biciye mu bwumvikane n’ubwubahane.

Bikomeje gufata indi ntera mu kipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali

UMUSEKE.RW

Previous Post

Kigali – Ubuyobozi bwatereranye abaturage barimo gupfa ubutaka

Next Post

Rayon Sports y’Abagore yongeye kwimana u Rwanda muri Cecafa

Next Post
Rayon Sports y’Abagore yongeye kwimana u Rwanda muri Cecafa

Rayon Sports y’Abagore yongeye kwimana u Rwanda muri Cecafa

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

STAY CONNECTED

IZINDI NKURU

  • Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Last Kabano: Umuhanzi mushya uri kuzamuka mu Rwanda, waje kuzana imbaraga n’umudiho wihariye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Abatuye Umujyi wa Huye basoje umwaka wa 2025 mu byishimo n’icyizere cy’ejo hazaza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Kirehe: Amazi meza yabaye ingume, bishyira abaturage mu kaga ko kwandura indwara ziterwa n’umwanda

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
UMUSHINGA TV

UMUSHINGA TV & Radio is a combined digital and broadcast media platform showcasing and promoting projects of all kinds

Recent News

  • Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026
  • Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya
  • Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Category

  • amahanga
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Politics
  • ubukungu
  • ubutabera
  • Uncategorized
  • Utuntu n’utundi

Recent News

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio

No Result
View All Result
  • Home
  • ubutabera
  • amahanga
  • Imikino
  • ubukungu
  • imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Utuntu n’utundi

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio