Wednesday, March 11, 2026
UMUSHINGA TV
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • ubutabera
  • Amahanga
  • imyidagaduro
  • Imikino
  • Ikoranabuhanga
English Version
No Result
View All Result
UMUSHINGA TV
No Result
View All Result
Home ubukungu

Ibiciro by’amashanyarazi bigiye guhinduka

Admin_Umushinga by Admin_Umushinga
September 19, 2025
in ubukungu
0
Ibiciro by’amashanyarazi bigiye guhinduka
0
SHARES
4
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko harimo gukorwa ivugururwa ry’ibiciro by’amashanyarazi bitigeze bihinduka kuva mu mwaka wa 2020, nk’imwe mu ngamba zo kwihaza mu bijyanye n’ingufu mu buryo burambye.

Ni umwe mu myanzuro yasohotse ku itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 15 Nzeri 2025, yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida Paul Kagame.

Related posts

KAYONZA: Uburyo bushya bwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere burimo gushyirwa mu bikorwa: Umushinga wa Miliyari 300 z’amanyarwanda ugamije kuhira imirima 2026-2031.

KAYONZA: Uburyo bushya bwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere burimo gushyirwa mu bikorwa: Umushinga wa Miliyari 300 z’amanyarwanda ugamije kuhira imirima 2026-2031.

December 15, 2025
Rwanda mu masezerano ya miliyoni $228 na Amerika: Ubufatanye bushya mu buvuzi nyuma y’amasezerano y’amahoro

Rwanda mu masezerano ya miliyoni $228 na Amerika: Ubufatanye bushya mu buvuzi nyuma y’amasezerano y’amahoro

December 7, 2025

Itangazo rivuga ko Inama y’Abaminisitiri yasuzumye intambwe imaze guterwa mu gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi, kongera umubare w’ingo zifite umuriro w’amashanyarazi kandi umuriro ukaba ufite ingufu zihagije kandi ntubure.

Riti “Ingo zigerwaho n’amashanyarazi zariyongereye zigera kuri 85% mu mwaka wa 2025 mu gihe zari munsi ya 2% mu mwaka wa 2000.”

Rikomeza risonabanura ko kugira ngo intego yo kugeza amashanyarazi kuri buri rugo n’ahantu hose hari ibikorwaremezo by’iterambere izagerweho kandi ibikorwaremezo byayo bikomeze kwitabwaho mu buryo burambye.

Inama y’Abaminisitiri yamenyeshejwe ko harimo gukorwa ivugururwa ry’ibiciro by’amashanyarazi bitigeze bihinduka kuva mu mwaka wa 2020, nk’imwe mu ngamba zo kwihaza mu bijyanye n’ingufu mu buryo burambye.

Ibiciro by’amashanyarazi byakoreshwaga mu Rwanda byari byaratangiye kubahirizwa kuva muri Mutarama 2020.

Icyo gihe ibiciro by’Urwego Ngenzuramikorere, (RURA), byagaragaza y’uko abafatabuguzi bo mu ngo batarenza KWh 15 ku kwezi bishyuraga ku giciro cy’amafranga 89 Frw kuri kWh.

Ni mu gihe abakoresha hagati ya 15-50 ku kwezi bishyuraga mafaranga 212, na ho abakoresha hejuru ya KWh 50 ku kwezi bakishyura 249 Frw kuri kWh.

Igiciro cy’amashanyarazi ku nzu zitari izo guturamo yari amafaranga 227 ku bakoresha munsi ya KWh 100 ku kwezi. Na ho abakoresha hejuru ya KWh 100 bakishyura 255 Frw kuri kWh.

Ibigo bitanga serivisi z’ubuvuzi igiciro cy’amashanyarazi cyari 186 Frw kuri kWh.

Inganda nto zikoresha munsi ya KWh 220,000 ku mwaka igiciro cyari amafranga 134, mu gihe inganda ziciriritse (medium) zikoresha hagati ya KWh 220,000-660,000 ku mwaka igiciro cyari 103 Frw kuri kWh na ho ku nganda nini zikoresha hejuru ya KWh 660,000 ku mwaka igiciro cyari kuri 94 Frw kuri kWh.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu mu Rwanda (REG), gitangaza ko kugera muri Gashyantare 2025, ingo zigerwaho n’amashanyarazi zari 82.2%, muri zo 57.4% zikoresha amashanyarazi yo ku muyoboro mugari, mu gihe 24.8% zikoresha ingufu zituruka ahandi, harimo n’izikomoka ku mirasire y’izuba.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Previous Post

Abanyamulenge bari hagati nk’ururimi muri Uvira-HRW

Next Post

Abanye-Congo batangiye kugurisha ibyo basahuye muri Stade de Martyrs

Next Post
Ishuri ryigenga ryafashwaga n’umugiraneza agapfa ryeguriwe Leta

Ishuri ryigenga ryafashwaga n'umugiraneza agapfa ryeguriwe Leta

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

STAY CONNECTED

IZINDI NKURU

  • Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Last Kabano: Umuhanzi mushya uri kuzamuka mu Rwanda, waje kuzana imbaraga n’umudiho wihariye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Abatuye Umujyi wa Huye basoje umwaka wa 2025 mu byishimo n’icyizere cy’ejo hazaza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Kirehe: Amazi meza yabaye ingume, bishyira abaturage mu kaga ko kwandura indwara ziterwa n’umwanda

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
UMUSHINGA TV

UMUSHINGA TV & Radio is a combined digital and broadcast media platform showcasing and promoting projects of all kinds

Recent News

  • Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026
  • Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya
  • Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Category

  • amahanga
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Politics
  • ubukungu
  • ubutabera
  • Uncategorized
  • Utuntu n’utundi

Recent News

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio

No Result
View All Result
  • Home
  • ubutabera
  • amahanga
  • Imikino
  • ubukungu
  • imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Utuntu n’utundi

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio