Wednesday, March 11, 2026
UMUSHINGA TV
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • ubutabera
  • Amahanga
  • imyidagaduro
  • Imikino
  • Ikoranabuhanga
English Version
No Result
View All Result
UMUSHINGA TV
No Result
View All Result
Home Ikoranabuhanga

Muhizi Anathole ukurikirana inzu ye yandikiye MINALOC

Admin_Umushinga by Admin_Umushinga
September 19, 2025
in Ikoranabuhanga, ubutabera
0
Muhizi Anathole ukurikirana inzu ye yandikiye MINALOC
0
SHARES
3
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Muhizi Anathole wamenyekanye arega BNR kuri Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma yo kwandikira Perezida wa Sena ngo bamufashe kubona inzu yambuwe na Banki Nkuru y’Igihugu, (BNR) bamubwiye ko yandikira Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Muhizi Anathole ni izina ryamenyekanye ubwo yaregaga BNR kuri Perezida Paul Kagame yasuye akarere ka Nyamasheke mu Burengerazuba bw’u Rwanda.

Related posts

ITANGAZO RYA UMUHIRE Jacqueline USABA GUHINDUZA AMAZINA

ITANGAZO RYA GAHIMANO USABA GUHINDUZA AMAZINA

September 19, 2025
Polisi yagaragaje abasore bafashwe amashusho batema umugore i Kigali

Polisi yagaragaje abasore bafashwe amashusho batema umugore i Kigali

September 19, 2025

Muhizi aherutse kwandikira Perezida wa Sena, ariko ubu yahinduye umuvuno yandikira Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Ibaruwa bigaragara ko yagejejwe kuri Minisiteri UMUSEKE dufitiye kopi, igira iti “Nyakubahwa Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu…”

Akuvuga ko impamvu amwandikiye ari ugusaba gukemurirwa ikibazo.

Ati “Nyakubahwa nshingiye ku nama nagiriwe n’inteko ishinga amategeko, Sena, mbandikiye mbasaba ko mwankemurira ikibazo mfite cy’inzu iherereye mu mudugudu wa Nyagacaca, mu kagari ka Ruyenzi mu murenge wa Runda, mu karere ka Kamonyi mu ntara y’Amajyepfo.”

Akomeza avuga ko ku itariki ya 27/08/2022 ubwo Perezida Paul Kagame yasuraga akarere ka Nyamasheke, yamugejejeho ikibazo cy’inzu yavuzwe haruguru, amubwira ko yayambuwe na BNR, maze abwira uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ko agomba kumukemurira icyo kibazo bitarenze iminsi itatu, uhereye taliki ya 29/08/2022.

Yagaragaje ko iyo minsi itatu yatanzwe ngo akemurirwe ikibazo itarangiye kuko ku munsi wa kabiri, ni ukuvuga kuwa 30/08/2022 ari bwo yafashwe arafungwa akekwaho ibyaha birimo gukoresha ibikangisho, ivangura, gukurura amacakubiri, gutuka cyangwa gusagarira abari mu nzego z’ubutabera.

Ati “Ibyaha bitari bifite aho bihuriye n’ikibazo nagejeje kuri Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.”

Iyi baruwa yashyizweho umukono na Muhizi Anathole ikomeza ivuga ko yafunzwe atarahabwa igisubizo ku kibazo yabajije Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, ndetse kugeza n’ubu atarasubizwa.

Ngo yumvise uwari Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi avuga ko inzu avuga yaguze, yari ingwate ya BNR, ndetse yavuze ko BNR ari yo ibitse ibyangombwa by’ubutaka kandi atari byo.

Muri iyi baruwa ya Muhizi agira ati “Ibyangombwa yavuze ko byari bifitwe na BNR, ninjye wari ubifite kuko sinari kugura inzu idafite ibyangombwa, ndetse na RDB yemeje ko inzu naguze itigeze iba ingwate y’uwo ari we wese.”

Muhizi mu ibaruwa kandi hajemo no kwisunga ingingo z’amategeko aho avuga ko ubugwate bufite agaciro ari ubwanditse mu gitabo cyandikwamo ingwate ku mutungo utimukanwa mu biro by’umwanditsi mukuru (Umwanditsi mukuru w’ibikorwa by’ubucuruzi ni we mwanditsi mukuru w’ubugwate ku mutungo utimukanwa).

Muhizi yamenyesheje Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Perezida wa Sena, ndetse na Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe.

Ku mugereka w’iyi baruwa, kandi hariho amasezerano y’ubugure ndetse n’icyemezo cya RDB.

Mu kiganiro UMUSEKE wagiranye na Muhizi Anathole yavuze ko igisubizo azahabwa, azakimenyesha Perezida Sena nk’uko yabimusabye.

Umwe mu bakozi bo muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yabwiye UMUSEKE ko babonye ibaruwa ya Muhizi, bityo ko yategereza igisubizo azahabwa.

Amakuru agera ku UMUSEKE avuga ko iyi nzu ubu iri mu biganza bya Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), igihe Muhizi Anathole yari atarafungwa inzu yari mu biganza bye.

Muhizi yafunzwe imyaka itatu, ariko arajurira aza kugirwa umwere n’Urukiko rukuru urugereko rw’i Nyanza, arafungurwa.

Theogene NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW

Previous Post

DRC – Abadepite bafatanye mu mihogo, bamwe ntibashaka Vital Kamerhe

Next Post

Pasiporo ye yarafatiriwe! Magnifique arasaba kurenganurwa

Next Post
Pasiporo ye yarafatiriwe! Magnifique arasaba kurenganurwa

Pasiporo ye yarafatiriwe! Magnifique arasaba kurenganurwa

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

STAY CONNECTED

IZINDI NKURU

  • Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Last Kabano: Umuhanzi mushya uri kuzamuka mu Rwanda, waje kuzana imbaraga n’umudiho wihariye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Abatuye Umujyi wa Huye basoje umwaka wa 2025 mu byishimo n’icyizere cy’ejo hazaza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Kirehe: Amazi meza yabaye ingume, bishyira abaturage mu kaga ko kwandura indwara ziterwa n’umwanda

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
UMUSHINGA TV

UMUSHINGA TV & Radio is a combined digital and broadcast media platform showcasing and promoting projects of all kinds

Recent News

  • Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026
  • Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya
  • Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Category

  • amahanga
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Politics
  • ubukungu
  • ubutabera
  • Uncategorized
  • Utuntu n’utundi

Recent News

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio

No Result
View All Result
  • Home
  • ubutabera
  • amahanga
  • Imikino
  • ubukungu
  • imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Utuntu n’utundi

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio