Wednesday, March 11, 2026
UMUSHINGA TV
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • ubutabera
  • Amahanga
  • imyidagaduro
  • Imikino
  • Ikoranabuhanga
English Version
No Result
View All Result
UMUSHINGA TV
No Result
View All Result
Home amahanga

Pasiporo ye yarafatiriwe! Magnifique arasaba kurenganurwa

Admin_Umushinga by Admin_Umushinga
September 19, 2025
in amahanga, ubutabera
0
Pasiporo ye yarafatiriwe! Magnifique arasaba kurenganurwa
0
SHARES
3
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’ikipe y’Igihugu y’Abagore y’Umupira w’Amaguru [She-Amavubi], Umutesiwase Magnifique uheruka gusinyira Simba Queens yo muri Tanzania, arasaba kurenganurwa nyuma y’uko ubuyobozi bwa APR Athlètic Club akinira, bwafatiriye Pasiporo ye bukamubuza kwerekeza muri Tanzania.

Magnifique ukina mu busatirizi, yakiniraga ikipe ya Indangahangarwa WFC y’i Burasirazuba ariko akabifatanya no gukina imikino Ngororamubiri aho yakiniraga APR AC mu gusiganwa ku maguru.

Related posts

Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

January 15, 2026
Amakuru Mashya!Amerika Igiye Kuva mu Miryango  Mpuzamahanga igera kuri 66

Amakuru Mashya!Amerika Igiye Kuva mu Miryango Mpuzamahanga igera kuri 66

January 8, 2026

Mu minsi ishize ni bwo uyu rutahizamu yashyize umukono ku masezerano ya Simba Queens yo muri Tanzania, nyuma y’uko iyi kipe yumvikanye na Indahangarwa WFC yari asanzwe akinira.

Amakuru Magnifique yemereye UMUSEKE, avuga ko nyuma yo kumva ko yamaze gusinyira Simba Queens, ubuyobozi bwa APR AC bwahise bufatira Pasiporo ye kugira ngo atagenda ariko igitangaje kandi cyanamubabaje, ni uko iyi kipe yanamwangiye ko amasezerano y’umwaka umwe bari bafitanye, yawugura mu mafaranga ikipe yamutanzeho.

Uyu mukinnyi akomeza avuga ko ikipe y’Ingabo yamubwiye ko yifuza kuganira n’ikipe yamuguze, ariko abanya-Tanzania na bo bakavuga ko ntacyo baganira n’ikipe itari iy’umupira w’amaguru kandi bararangizanyije na Indahangarwa WFC yakiniraga.

Ati “APR AC yo yambwiye ko ngo yifuza kuganira na Simba Queens, ariko abandi na bo bavuze ko ntacyo baganira n’ikipe itari iy’umupira w’amaguru. Abanya-Tanzania bo baravuga bati ko twe twaguze umukinnyi mu buryo bwemewe, iyo yindi itanakina ruhago twaba tuvugana na yo iki?”

Umutesiwase, akomeza avuga ko mu by’ukuri yatunguwe no kugorwa na APR AC mu gihe na yo hari bimwe bikubiye mu masezerano bagiranye itigeze yubahiriza ariko umukinnyi akaryumaho ahubwo agakomeza gukora akazi.

Uyu rutahizamu akomeza avuga ko yageze aho anabasaba kumurekura kugira ngo atabura ayo mahirwe, hanyuma hazaba irushanwa akazagaruka kuyirikinira ariko abandi bararuca bararumira.

Ni umukinnyi wageze n’aho asaba iyi kipe yamubwira ingano y’amafaranga yifuza ku mwaka umwe yari ayifitiye ariko ikamureka akigira gushakirishiriza ahandi, ariko kugeza ubu bakomeje kumubera ibamba.

UMUSEKE wageragaje kuvugisha ubuyobozi bwa APR AC kuri iki kibazo, ariko ubutumwa twoherereje umuyobozi w’iyi kipe kuri telefone ye igendanwa, ntiyigeze abusubiza.

Magnifique ahembwa ibihumbi 100 Frw muri APR AC mu gihe amasezerano yagiranye na Simba Queens avuga ko azajya ahembwa amadolari 1500 ku kwezi [angana na miliyoni 2 Frw]. Ku masezerano y’imyaka yasinye, yahawe ibihumbi bitanu by’amadolari ya Amerika [arenga gato miliyoni 7 Frw].

Mbere yo kujya mu Indahangarwa WFC, uyu rutahizamu yaciye muri Kamonyi WFC nyuma yo kuza gukora igeragezwa muri AS Kigali WFC ariko ntahabwe amahirwe yo gufatwa.

Magnifique arasaba kurenganurwa

Magnifique [wa kabiri ibumoso] yari asanzwe akinira Indahangarwa WFC
UMUSEKE.RW

Previous Post

Muhizi Anathole ukurikirana inzu ye yandikiye MINALOC

Next Post

Abangavu 22 bitegura Nigeria batangiye imyitozo

Next Post
Abangavu 22 bitegura Nigeria batangiye imyitozo

Abangavu 22 bitegura Nigeria batangiye imyitozo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

STAY CONNECTED

IZINDI NKURU

  • Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Last Kabano: Umuhanzi mushya uri kuzamuka mu Rwanda, waje kuzana imbaraga n’umudiho wihariye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Abatuye Umujyi wa Huye basoje umwaka wa 2025 mu byishimo n’icyizere cy’ejo hazaza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Kirehe: Amazi meza yabaye ingume, bishyira abaturage mu kaga ko kwandura indwara ziterwa n’umwanda

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
UMUSHINGA TV

UMUSHINGA TV & Radio is a combined digital and broadcast media platform showcasing and promoting projects of all kinds

Recent News

  • Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026
  • Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya
  • Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Category

  • amahanga
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Politics
  • ubukungu
  • ubutabera
  • Uncategorized
  • Utuntu n’utundi

Recent News

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio

No Result
View All Result
  • Home
  • ubutabera
  • amahanga
  • Imikino
  • ubukungu
  • imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Utuntu n’utundi

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio