Wednesday, March 11, 2026
UMUSHINGA TV
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • ubutabera
  • Amahanga
  • imyidagaduro
  • Imikino
  • Ikoranabuhanga
English Version
No Result
View All Result
UMUSHINGA TV
No Result
View All Result
Home ubutabera

Umugabo n’umugore we bakatiwe gufungwa imyaka 4

Admin_Umushinga by Admin_Umushinga
September 19, 2025
in ubutabera, Utuntu n’utundi
0
Umugabo n’umugore we bakatiwe gufungwa imyaka 4
0
SHARES
2
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwahanishije Nyandwi Jean Damascène igifungo cy’imyaka ine, mu gihe umugore we, Mukanyemera Donathile, yakatiwe igifungo cy’imyaka ine gisubitse. Bombi baciwe kandi ihazabu ya miliyoni ebyiri Frw kuri buri umwe.

Ni mu isomwa ry’urubanza ryabereye mu ruhame mu Kagari ka Rwinyana, Umurenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango ahakorewe icyaha.

Related posts

COMIS – Duteza Imbere Isi

COMIS – Duteza Imbere Isi

January 6, 2026

Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

December 7, 2025

Urukiko rwemeje ko Nyandwi Jean Damascène afungwa Imyaka 4 agatanga n’ihazabu ya Miliyoni 2 y’amafaranga y’uRwanda.

Urukiko rwemeje ko Mukanyemera Donathile we afungwa imyaka 4 isubitse Imyaka 2 mu gihe cy’umwaka umwe agatanga n’ihazabu ya Miliyoni 2.

Mu iburanisha ry’ubushize Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko Nyandwi Jean Damascène na Mukanyemera Donathile umugore we bahabwa igifungo cy’imyaka 10 kubera ko icyaha aba bombi bashinjwa kijyanye no guteka ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa Kanyanga, kandi ko bamaze igihe bakora bakanacuruza Kanyanga.

Ubushinjacyaha kandi buvuga ko ubwo Mukanyemera yabazwaga mu Bugenzacyaha yemeye ko ariwe ucanira Kanyanga akanayenyegeza kugeza ihiye.

Ndetse ko hari n’abatangabumya bahuriza ku mvugo imwe yemeza ko basanze uyu mugore ariwe uteka Kanyanga.

Bugashinja Nyandwi Jean Damascène umugabo we, basanze adahari kuko yari yagiye gushaka ibikoresho batekesha Kanyanga, ndetse ko mu mu byumba bitatu by’inzu yabo, icyumba kimwe bakigeneye gutekeramo Kanyanga.

Hagaragajwe ko ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze bwamenye amakuru ko uyu muryango ukora Kanyanga, bubaganiriza inshuro nyinshi ariko bakaba bataracitse kuri iyo ngeso.

Nyandwi na Mukanyemera batakambiye Urukiko basaba kugabanyirizwa ibihano, ndetse Nyandwi avuga ko barekura umugore akajya kwita ku bana basigaye mu nzu bonyine kuko yaguye muri iki cyaha atabizi.

Mu iburanisha ry’ubushize aba bombi basabaga ko bahabwa igihano gisubitse.

Gusa Nyandwi Jean Damascène na Mukanyemera Donathile baburanye bemera icyaha.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Ruhango.

Previous Post

‘Drone’ ya RDF yakoze impanuka

Next Post

Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA arafunzwe

Next Post
Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA arafunzwe

Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA arafunzwe

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

STAY CONNECTED

IZINDI NKURU

  • Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Last Kabano: Umuhanzi mushya uri kuzamuka mu Rwanda, waje kuzana imbaraga n’umudiho wihariye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Abatuye Umujyi wa Huye basoje umwaka wa 2025 mu byishimo n’icyizere cy’ejo hazaza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Kirehe: Amazi meza yabaye ingume, bishyira abaturage mu kaga ko kwandura indwara ziterwa n’umwanda

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
UMUSHINGA TV

UMUSHINGA TV & Radio is a combined digital and broadcast media platform showcasing and promoting projects of all kinds

Recent News

  • Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026
  • Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya
  • Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Category

  • amahanga
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Politics
  • ubukungu
  • ubutabera
  • Uncategorized
  • Utuntu n’utundi

Recent News

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio

No Result
View All Result
  • Home
  • ubutabera
  • amahanga
  • Imikino
  • ubukungu
  • imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Utuntu n’utundi

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio