Wednesday, March 11, 2026
UMUSHINGA TV
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • ubutabera
  • Amahanga
  • imyidagaduro
  • Imikino
  • Ikoranabuhanga
English Version
No Result
View All Result
UMUSHINGA TV
No Result
View All Result
Home ubukungu

Musanze: Babiri bafatanywe inzoga yiswe ‘Muhenyina’

Admin_Umushinga by Admin_Umushinga
September 19, 2025
in ubukungu, ubutabera, Utuntu n’utundi
0
Musanze: Babiri bafatanywe inzoga yiswe ‘Muhenyina’
0
SHARES
10
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri bo mu Mirenge ya Muko na Muhoza mu Karere ka Musanze bari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda nyuma yo gufatanwa litiro zirenga 1,000 z’inzoga itemewe yahimbwe izina rya ‘Muhenyina’.

Aba bafatiwe mu mukwabu wo wo gufata ibinyobwa bitemewe n’amategeko mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, tariki 16 Nzeri 2025.

Related posts

COMIS – Duteza Imbere Isi

COMIS – Duteza Imbere Isi

January 6, 2026
KAYONZA: Uburyo bushya bwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere burimo gushyirwa mu bikorwa: Umushinga wa Miliyari 300 z’amanyarwanda ugamije kuhira imirima 2026-2031.

KAYONZA: Uburyo bushya bwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere burimo gushyirwa mu bikorwa: Umushinga wa Miliyari 300 z’amanyarwanda ugamije kuhira imirima 2026-2031.

December 15, 2025

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ngirabakunzi Ignace, yabwiye UMUSEKE ko izo nzoga zitujuje ubuziranenge zamenewe mu ruhame.

Yavuze ko abafashwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza kugira ngo bakurikiranwe n’amategeko.

IP Ngirabakunzi yavuze ko ibi binyobwa bigira ingaruka zrimo kubyimba amatama n’ibirenge, kunaniza ubwonko ndetse bikaba intandaro y’amakimbirane mu bazinywa.

Yagize ati: “Usibye kuba zigira ingaruka k’ubuzima bw’uzinywa, zinagira uruhare mu guhangabanya umutekano kuko kenshi usanga aho zinywebwa harangwa n’urugomo n’amakimbirane bidashira.”

Yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye izi nzoga zitemewe zifatwa, abasaba kwirinda kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge kuko zishobora guteza ingaruka mbi n’umutekano muke.

Ati:” Abazinywa baba biyangiza ubwabo ndetse bakangiza n’ahazaza habo, abo tukabasaba kuzirinda. Mu gihe abazikora baba bangiza umuryango niyo mpamvu bafatwa bakigishwa ndetse bakaba banahanwa.”

Amazina nka Muhenyina, Muriture, Akayuki n’ayandi ahabwa inzoga zitujuje ubuziranenge bitewe n’agace, akenshi usanga abaturage bazinywa zikabateza ibibazo.

Polisi y’u Rwanda, ku bufatanye n’izindi nzego, ikomeje kwigisha abaturage ingaruka zo kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge, ndetse no kubasaba gutanga amakuru y’aho zengerwa kugira ngo ababikora bafatwe.

NDEKEZI JOHNSON /UMUSEKE.RW

Previous Post

ITANGAZO RYA UMUHIRE Jacqueline USABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Perezida Trump agiye kurega ikinyamakuru

Next Post
Perezida Trump agiye kurega ikinyamakuru

Perezida Trump agiye kurega ikinyamakuru

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

STAY CONNECTED

IZINDI NKURU

  • Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Last Kabano: Umuhanzi mushya uri kuzamuka mu Rwanda, waje kuzana imbaraga n’umudiho wihariye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Abatuye Umujyi wa Huye basoje umwaka wa 2025 mu byishimo n’icyizere cy’ejo hazaza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Kirehe: Amazi meza yabaye ingume, bishyira abaturage mu kaga ko kwandura indwara ziterwa n’umwanda

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
UMUSHINGA TV

UMUSHINGA TV & Radio is a combined digital and broadcast media platform showcasing and promoting projects of all kinds

Recent News

  • Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026
  • Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya
  • Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Category

  • amahanga
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Politics
  • ubukungu
  • ubutabera
  • Uncategorized
  • Utuntu n’utundi

Recent News

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio

No Result
View All Result
  • Home
  • ubutabera
  • amahanga
  • Imikino
  • ubukungu
  • imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Utuntu n’utundi

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio