Wednesday, March 11, 2026
UMUSHINGA TV
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • ubutabera
  • Amahanga
  • imyidagaduro
  • Imikino
  • Ikoranabuhanga
English Version
No Result
View All Result
UMUSHINGA TV
No Result
View All Result
Home amahanga

Perezida Trump agiye kurega ikinyamakuru

Admin_Umushinga by Admin_Umushinga
September 19, 2025
in amahanga, ubutabera
0
Perezida Trump agiye kurega ikinyamakuru
0
SHARES
0
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko agiye kurega ikinyamakuru New York Times agishinja kumusebya no kumutangazaho ibinyoma, bityo ko gikwiye kumuha miliyari 15 z’Amadorali ya Amerika.

Uyu mutegetsi yabitangaje ku wa Mbere tariki 15 Nzeri 2025, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa Truth Social, aho yavuze ko ikinyamakuru New York Times kimaze igihe kimubeshyera, kinamusebya mu nkuru zacyo.

Related posts

Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

January 15, 2026
Amakuru Mashya!Amerika Igiye Kuva mu Miryango  Mpuzamahanga igera kuri 66

Amakuru Mashya!Amerika Igiye Kuva mu Miryango Mpuzamahanga igera kuri 66

January 8, 2026

Ati “ New York Times yemerewe kumbeshyera igihe kirekire, ariko ibyo birarangiye ubu.”

Perezida Trump yanenze uburyo iki kinyamakuru kitwaye mu bihe by’amatora yo mu 2024, ku buryo cyashyigikiye cyane Kamala Harris bayahanganagamo, kikamera nk’ijwi ry’Abademokarate.

Yavuze ko urubanza rwe yarezemo New York Times ruzabera muri Leta ya Florida, iyi ikaba ifatwa nk’igicumbi cy’Ishyaka ry’Abarepubulikani.

Donald Trump amaze igihe kinini anenga bimwe mu bitangazamakuru ku buryo yigeze no gutangaza amabwiriza akumira Ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika (AP) mu biro bya Perezida wa Amerika (White House), ibyinshi abishinja kumubeshyera no kumuharabika.

Mu 2021 nabwo yareze New York Times ngo imwishyure arenga miliyoni $100, icyo gihe yashinjaga iki kinyamakuru gushaka mu buryo bw’ibanga inyandiko zigaragaza imisoro ye, gusa mu 2023 yatsinzwe urwo rubanza.

Trump kandi yanatsinzwe urundi rubanza yari yarezemo Ikinyamakuru CNN agishinja kuba cyaramugeranyije na Adolf Hitler.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Previous Post

Musanze: Babiri bafatanywe inzoga yiswe ‘Muhenyina’

Next Post

Croix-Rouge y’u Rwanda irakataje mu kwigira no kwihutisha iterambere

Next Post
Croix-Rouge y’u Rwanda irakataje mu kwigira no kwihutisha iterambere

Croix-Rouge y’u Rwanda irakataje mu kwigira no kwihutisha iterambere

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

STAY CONNECTED

IZINDI NKURU

  • Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Last Kabano: Umuhanzi mushya uri kuzamuka mu Rwanda, waje kuzana imbaraga n’umudiho wihariye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Abatuye Umujyi wa Huye basoje umwaka wa 2025 mu byishimo n’icyizere cy’ejo hazaza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Kirehe: Amazi meza yabaye ingume, bishyira abaturage mu kaga ko kwandura indwara ziterwa n’umwanda

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
UMUSHINGA TV

UMUSHINGA TV & Radio is a combined digital and broadcast media platform showcasing and promoting projects of all kinds

Recent News

  • Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026
  • Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya
  • Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Category

  • amahanga
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Politics
  • ubukungu
  • ubutabera
  • Uncategorized
  • Utuntu n’utundi

Recent News

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio

No Result
View All Result
  • Home
  • ubutabera
  • amahanga
  • Imikino
  • ubukungu
  • imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Utuntu n’utundi

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio