Wednesday, March 11, 2026
UMUSHINGA TV
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • ubutabera
  • Amahanga
  • imyidagaduro
  • Imikino
  • Ikoranabuhanga
English Version
No Result
View All Result
UMUSHINGA TV
No Result
View All Result
Home Ikoranabuhanga

Croix-Rouge y’u Rwanda irakataje mu kwigira no kwihutisha iterambere

Admin_Umushinga by Admin_Umushinga
September 19, 2025
in Ikoranabuhanga, Uncategorized
0
Croix-Rouge y’u Rwanda irakataje mu kwigira no kwihutisha iterambere
0
SHARES
0
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Croix-Rouge y’u Rwanda (CRR) yagaragaje ko yihaye intego yo kwigira biciye mu ishoramari, kugira ngo ikomeze gufasha imbabare itarinze gutegereza inkunga z’amahanga.

Byatangajwe ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wa Croix-Rouge w’Ubutabazi bw’Ibanze, uba buri wa Gatandatu wa nyuma w’icyumweru cya kabiri cya Nzeri buri mwaka.

Related posts

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

Uyu muryango wagaragaje ko washoye imari mu bikorwa bya hoteli mu Karere ka Karongi, Ngoma na Huye, ndetse no mu nyubako z’ubucuruzi ziri kubakwa ku cyicaro gikuru mu Mujyi wa Kigali.

Emmanuel Mazimpaka, ushinzwe itumanaho no gutsura umubano muri CRR, yavuze ko amafaranga ava muri iri shoramari ari yo afasha abaturage mu gihe bahuye n’ibiza cyangwa ibindi bibazo.

Yagize ati: “Hari abo dusakarira inzu iyo yasakambuwe n’inkubi, hari abo tugurira amatungo. Iri shoramari ridufasha kugira ubushobozi bwo guhita dutabara abaturage batiriwe bategereza inkunga z’amahanga.”

Yongeraho ko CRR yashyize kandi imbaraga mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, aho buri mwaka biyemeza gutera ibiti miliyoni.

Ibi birimo ibifasha gufata ubutaka, ibivangwa n’imyaka byera imbuto, ndetse n’ibiti birimbisha ahantu bigatanga umwuka mwiza.

Avuga ko: “Ibyo bijyana nyine no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere. Iyo mihindagurikire iteza ibiza birimo ubutayu, inkangu, amapfa… bigatuma twe nka Croix-Rouge dutabara abantu kandi bigira ikiguzi.”

Ibi bijyana kandi no guhugura abakorerabushake mu butabazi bw’ibanze hirya no hino mu gihugu, kugira ngo bafashe mu bikorwa byo gutabara abaturage mu gihe cy’ibiza n’ibindi byago.

Alexia Rubuga, umuyobozi w’urubyiruko muri CRR, yavuze ko intego nyamukuru z’ubutabazi ari guhagarika ibyago byabangamira ubuzima, gukiza, kwirinda gukomera kw’indwara no kugeza umurwayi kwa muganga atekanye.

Rubuga yashimangiye ko umunsi mpuzamahanga w’ubutabazi bw’ibanze uba ari uwo kwibutsa urubyiruko kurangwa n’urukundo no kwita ku mbabare.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Previous Post

Perezida Trump agiye kurega ikinyamakuru

Next Post

Abanyamulenge bari hagati nk’ururimi muri Uvira-HRW

Next Post
Abanyamulenge bari hagati nk’ururimi muri Uvira-HRW

Abanyamulenge bari hagati nk'ururimi muri Uvira-HRW

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

STAY CONNECTED

IZINDI NKURU

  • Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Last Kabano: Umuhanzi mushya uri kuzamuka mu Rwanda, waje kuzana imbaraga n’umudiho wihariye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Abatuye Umujyi wa Huye basoje umwaka wa 2025 mu byishimo n’icyizere cy’ejo hazaza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Kirehe: Amazi meza yabaye ingume, bishyira abaturage mu kaga ko kwandura indwara ziterwa n’umwanda

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
UMUSHINGA TV

UMUSHINGA TV & Radio is a combined digital and broadcast media platform showcasing and promoting projects of all kinds

Recent News

  • Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026
  • Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya
  • Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Category

  • amahanga
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Politics
  • ubukungu
  • ubutabera
  • Uncategorized
  • Utuntu n’utundi

Recent News

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio

No Result
View All Result
  • Home
  • ubutabera
  • amahanga
  • Imikino
  • ubukungu
  • imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Utuntu n’utundi

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio