Wednesday, March 11, 2026
UMUSHINGA TV
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • ubutabera
  • Amahanga
  • imyidagaduro
  • Imikino
  • Ikoranabuhanga
English Version
No Result
View All Result
UMUSHINGA TV
No Result
View All Result
Home Ikoranabuhanga

Kigali – Ubuyobozi bwatereranye abaturage barimo gupfa ubutaka

Admin_Umushinga by Admin_Umushinga
September 19, 2025
in Ikoranabuhanga, Utuntu n’utundi
0
Kigali – Ubuyobozi bwatereranye abaturage barimo gupfa ubutaka
0
SHARES
4
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Kairaba Annie avuga ko yaguze ubutaka bufite ubuso bwa metero kare 2,660 (square meter), mu gihe yari agiye kubwibaruzaho asanga umuturanyi we witwa Gahongayire Alvera hari ubwo yiyanditseho, kugeza ubu ayo makimbirane bisa naho ntacyo ubuyobozi buyakoraho, Kairaba agasaba kurenganurwa.

Inkuru yanyuze kuri Radio/TV10 ivuga ko Kairaba Annie yaguriye abaturage batanu ubutaka bungana na Metero kare 2660 buhereye mu mudugudu wa Gashuri, Akagali ka Kibagabaga, Umurenge wa Kimironko mu Mujyi wa Kigali, ubwo butaka yabuguze mu mwaka wa 2013.

Related posts

COMIS – Duteza Imbere Isi

COMIS – Duteza Imbere Isi

January 6, 2026

Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

December 7, 2025

Mu mwaka wa 2016 ubwo bariya baturage bari bagurishije bari bagiye guhinduriza ibyangobwa, ngo bihabwe uwaguze, basanze uwitwa Gahongayire Alvera na we uhafite ubutaka, hari ubuso bwabo buri ku cyangombwa cy’ubutaka bwe, kuva icyo gihe Kairaba Annie ntabwo arabona ubutaka bwe bwuzuye uko yabuguze.

Iki kibazo cyageze no ku Muyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubutaka mu Gihugu ariko ntabwo abayobozi bamanutse aho ubwo butaka buri ngo barangize icyo kibazo.

Kairaba waguze ubutaka avuga ko hari bamwe mu baturage yaguriye yishyuye amafaranga y’igice (80% y’ayo bumvikanye) agera kuri 20% kubera ko yasabaga ko bakosoza ubutaka bwabo, ayo mafaranga avuga ko abaturage bazayabona ari uko ikibazo cy’ubutaka bamugurishije inzego za leta zigikemuye.

Agira ati “Abaturage barashaka amafaranga yabo, nanjye ndashaka umutungo wange, GOBOKA na yo ikavuga ko ari yo yahaye ubutaka Alvera, ntabwo igaragaza inkomoko yabwo.”

Kairaba asaba leta gukemura iki kibazo, igakusanya amakuru ihereye ku bo yaguze na bo, Gahongayire Alvera uvuga ko ubutaka yabuhawe na GOBOKA, noneho hamenyekane ukuri.

Inshuro abaturage bagurishije biyambaje Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, MINALOC ntabwo babonye igisubizo.

Umwe muri aba baturage agira ati “Twasabaga ko baza, na Komite y’Akagari y’ubutaka, n’Ikigo cy’Ubutaka, n’abakozi yenda bo muri MINALOC cyangwa abifitiye ububasha hagakorerwa inama aho ubutaka buri tukareba aho ikibazo kiri, tukareba uwo wahahawe tukamenya uburyo yahawe ubwo butaka.”

Undi na we ati “Twe twasabye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu ngo badufashe banaze n’Ikigo cy’Ubutaka, na Minisiteri y’Ibidukikije baze hano twerekane ubutaka bwacu n’inkomoko yabwo, GOBOKA na yo ize yerekane aho ikomora ubutaka nibasanga turi abanyamakosa tuzabihanirwe.”

GAHONGAYIRE Alvera yabwiye umunyamakuru wa RadioTV10 ko ubutaka buvugwa ari ubw’umuhungu we, witwa Gatete.

UMUSEKE wagerageje kumuvugisha kuri iki kibazo, aratwitaba tumubajije icyo yvuga ku bivugwa asubiza ko yazabivugaho undi munsi.

UMUSEKE kandi washatse kumenya icyo ubuyobozi bw’ibanze bwakoze kuri iki kibazo, Umunyamabanga Nshingwabikowa w’Akagari ka Kibagabaga ubwo butaka burimo, twamuhamagaye aritaba avuga ko ntacyo yatangaza kuko nta burenganzira afite bwo kubivugaho, ngo byabazwa Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali.

Ibaruwa ndende Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubutaka yanditse asaba ko iki kibazo gikemuka mu Ukwakira 2024, yamenyeshyejwe inzego zitandukanye harimo n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Perezidansi) ariko na n’ubu umwaka urashize rugeretse.

UMUSEKE.RW

Previous Post

FERWAFA yageneye Rayon Sports y’Abagore agahimbazamusyi

Next Post

Byafashe indi ntera muri AS Kigali y’Abagore

Next Post
Byafashe indi ntera muri AS Kigali y’Abagore

Byafashe indi ntera muri AS Kigali y’Abagore

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

STAY CONNECTED

IZINDI NKURU

  • Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Last Kabano: Umuhanzi mushya uri kuzamuka mu Rwanda, waje kuzana imbaraga n’umudiho wihariye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Abatuye Umujyi wa Huye basoje umwaka wa 2025 mu byishimo n’icyizere cy’ejo hazaza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Kirehe: Amazi meza yabaye ingume, bishyira abaturage mu kaga ko kwandura indwara ziterwa n’umwanda

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
UMUSHINGA TV

UMUSHINGA TV & Radio is a combined digital and broadcast media platform showcasing and promoting projects of all kinds

Recent News

  • Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026
  • Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya
  • Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Category

  • amahanga
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Politics
  • ubukungu
  • ubutabera
  • Uncategorized
  • Utuntu n’utundi

Recent News

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio

No Result
View All Result
  • Home
  • ubutabera
  • amahanga
  • Imikino
  • ubukungu
  • imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Utuntu n’utundi

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio