Wednesday, March 11, 2026
UMUSHINGA TV
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • ubutabera
  • Amahanga
  • imyidagaduro
  • Imikino
  • Ikoranabuhanga
English Version
No Result
View All Result
UMUSHINGA TV
No Result
View All Result
Home ubutabera

Polisi yagaragaje abasore bafashwe amashusho batema umugore i Kigali

Admin_Umushinga by Admin_Umushinga
September 19, 2025
in ubutabera
0
Polisi yagaragaje abasore bafashwe amashusho batema umugore i Kigali
0
SHARES
5
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yerekanye abasore bafashwe amashusho batema umugore wari utashye iwe, mu Murenge wa Nyarugenge mu Kagari ka Rwampara mu mujyi wa Kigali.

Umuvugizi wa Polisi, ACP Boniface Rutikanga avuga ko bariya basore bakoreye “ubugizi bwa nabi bukabije” umugore witambukiraga.

Related posts

ITANGAZO RYA UMUHIRE Jacqueline USABA GUHINDUZA AMAZINA

ITANGAZO RYA GAHIMANO USABA GUHINDUZA AMAZINA

September 19, 2025
Abasore babiri bafunzwe bakekwaho kwica uwari wabateye mu rugo agamije kwiba

Abasore babiri bafunzwe bakekwaho kwica uwari wabateye mu rugo agamije kwiba

September 19, 2025

Yavuze ko Polisi y’u Rwanda yabimenye bikiba tariki 11 Nzeri, 2025 nubwo byatangiye kuvugwa cyane bukeye kuri bo ngo ntabwo byari “inkuru igezweho” barimo babikurikirana.

Aba basore “bigize ibihazi” umwe yitwa Gatari Edmond alias Black w’imyaka 38, Hakizimana Jacques alias Claude w’imyaka 33, na Rurangwa Jean Paul alias Mucezaji cyangwa Bokungu.

Umuvugizi wa Polisi avuga ko bariya basore bafashe umugore witwa Nyampinga Claudette, utuye hafi y’umusigiti wa Rwampara, umwe amukubita hasi amwambura agakapu, amwambura telefoni 2.

Uwitwa Hakizimana ni we watemesheje umuhoro uriya mugore witwa Claudette, naho Rurangwa Jean Paul warega amabuye akomeretsa umunyerondo witwa Maniriho Theogene wari uje gutabara.

Birarabuye! Abajura ngo bahuriye ahantu bagambana uko bagiye guhunga

Uriya witwa Jean Paul ngo atuye i Mageragere yahise ataha ajyayo, Hakizimana atuye Kivugiza na we ajyayo, uriya witwa Gatari ataha mu Nyakabanda.

ACP Rutikanga avuga ko bariya bantu bafite abo babana “bita abagore babo”. Ngo bababwiye ko ibyo bakoze atari byiza bababuza kuvuga amakuru yabo ku umuntu waba ubashaka.

Ati “Bose icyo bahuriyeho uko ari batatu bose bafunzwe muri Gereza kubera ibyaha bitandukanye. Claude yafunze imyaka 2 kubera gukoresha ibiyobyabwenge. Gatari yari avuye muri Gereza yarakatiwe imyaka 3 kubera icyaha cyo gukubita no gukomeretsa.”

Uwitwa Jean Paul we ngo bakoranaga ariko nta yandi mateka Polisi imuziho.

Polisi yamenye ko mu ijoro bakoreyemo icyaha, ngo bwari bucye bajya kwiba i Kinyinya, “hari uwo bari bapangiye”.

Yahumurije abagiriweho ibyaha ko bakwiye guhumurizwa kuko ababahemukiye bafashwe. ACP Rutikanga avuga ko Maniriho na Nyampinga bombi bavuwe barataha, kandi ngo Polisi ikomeje kubakurikirana.

Ati “Abantu baracyaduha amakuru y’abo bakorana n’imigambi bari bafite, kuko burya hari igihe abantu baba bafite aho bahuriye n’abandi tutazi, iperereza rirakomeje kugira ngo twegeranye amakuru yose ya ngombwa ku bijyanye n’ubugizi bwa nabi muri rusange.”

Yavuze ko Polisi iri maso ku buryo abantu batahita babimenya, kandi ngo ihari ku bw’Abanyarwanda.

UMUSEKE.RW

Previous Post

ITANGAZO RYA GAHIMANO USABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar

Next Post
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

STAY CONNECTED

IZINDI NKURU

  • Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Last Kabano: Umuhanzi mushya uri kuzamuka mu Rwanda, waje kuzana imbaraga n’umudiho wihariye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Abatuye Umujyi wa Huye basoje umwaka wa 2025 mu byishimo n’icyizere cy’ejo hazaza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Kirehe: Amazi meza yabaye ingume, bishyira abaturage mu kaga ko kwandura indwara ziterwa n’umwanda

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
UMUSHINGA TV

UMUSHINGA TV & Radio is a combined digital and broadcast media platform showcasing and promoting projects of all kinds

Recent News

  • Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026
  • Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya
  • Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Category

  • amahanga
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Politics
  • ubukungu
  • ubutabera
  • Uncategorized
  • Utuntu n’utundi

Recent News

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio

No Result
View All Result
  • Home
  • ubutabera
  • amahanga
  • Imikino
  • ubukungu
  • imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Utuntu n’utundi

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio