Wednesday, March 11, 2026
UMUSHINGA TV
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • ubutabera
  • Amahanga
  • imyidagaduro
  • Imikino
  • Ikoranabuhanga
English Version
No Result
View All Result
UMUSHINGA TV
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Amasezerano y’amahoro ashyirwaho umukono kuwa 04/12/2025: Icyizere gishya ku burasirazuba bwa RDC

Ndamukunda Jean Pierre by Ndamukunda Jean Pierre
December 7, 2025
in Uncategorized
0
Amasezerano y’amahoro ashyirwaho umukono kuwa 04/12/2025: Icyizere gishya ku burasirazuba bwa RDC
0
SHARES
7
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Washington DC / Kigali / Kinshasa: Ku wa Kane 04 Ukuboza 2025, abayobozi ba RDC n’u Rwanda biteganyijwe ko bashyira umukono ku masezerano y’amahoro, igikorwa kirabera mu ngoro ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (White House), nka kimwe mu bimenyetso by’ubufatanye mpuzamahanga bigamije guhosha intambara mu burasirazuba bwa RDC. Aya masezerano akaba yaragezweho ku bufatanye n’ibihugu n’imiryango mpuzamaganga bitandukanye, nk’igihugu cya Qatar, Afrika yunze ubumwe, Afrika y’uburasirazuba, Ubumwe bw’uburayi, n’ibindi

Impamvu n’amateka y’aya masezerano

Related posts

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026
  • Mu kwezi kwa Kamena 2025, impande zombi zasinyanye amasezerano y’ibanze yo guhagarika intambara, ku nyungu z’u Rwanda na RDC by’umwihariko, ndetse n’akarere kose k’Ibiyaga Bigari muri rusange.
  • Ayo masezerano yari agamije:
  • Gusaba ko RDC isenya umutwe wa FDLR, ikanahagarika inkunga n’imikoranire yose n’uyu mutwe ufatwa nk’umutwe w’iterabwoba; u Rwanda narwo rugasabwa gukuraho ingamba z’ubwirinzi ndetse no guhagarika inkunga n’imikoranire yose n’umutwe wa M23. Aha twakwibutsa ko u Rwanda rutahwemye guhakana ko rwaba rutera inkunga umutwe wa M23.
  • Kwubaka uburyo bwo gucunga umutekano, ubufatanye mu bukungu, no kubaka amahoro arambye.

Icyiza kuba uyu munsi: umukono wa nyuma

  • Aya masezerano y’amahoro agomba gusinywa n’abakuru b’ibihugu: Félix Tshisekedi (RDC) na Paul Kagame (Rwanda).
  • Intego nyamukuru: Gusinyira hamwe ibyo bemeranyije. ku ruhande rw’umutekano harimo kugenzura ikibazo cy’abitwaje intwaro, gutangiza inzego z’ubufatanye mu by’ubukungu, ndetse no gushyiraho uburyo bwo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano.
  • Aya masezerano azaba ari igikorwa gikomeye mu rugendo rwo kugarura amahoro, ubwumvikane n’imikoranire hagati y’ibihugu byombi, nyuma y’imyaka myinshi y’intambara, imitwe yitwaje intwaro n’agahinda ku baturage bo mu burasirazuba bwa RDC.

Ibyitezwe n’imbogamizi zikigaragara

Ibyitezwe:

  • Gutuma imitwe yitwaje intwaro ishyira intwaro hasi, bigatuma umutekano uboneka mu duce tumaze igihe turangwamo intambara.
  • Kugarura abaturage bakuwe mu byabo n’intamabara, baba abari imbere mu gihugu, no hanze yacyo.
  • Gufungura imiyoboro y’ubucuruzi, ishoramari n’amahoro arambye, binyuze mu bufatanye mu bukungu; cyane cyane ko akarere k’uburasirazuba bwa Congo karimo intambara, gafite ubutunzi bushingiye ku mutungo kamere, nk’amabuye y’agaciro n’ibindi.

Imbogamizi zikiriho

  • Imbogamizi ya mbere ishingiye ku kuba imitwe nka M23 ishobora kutubahiriza ibikubiye muri aya masezerano y’amahoro (cyane ko itayashyizeho umukono), by’umwihariko niba itakurikiza ibirebana n’ihagarikwa ry’imirwano ngo yemere gushyira intwaro hasi.
  • Hakenewe ubushake buhamye n’ubugenzuzi bwimbitse kugira ngo umubano mwiza n’imikoranire hagati ya Leta zombi, abatuye akarere n’abari bahungiye mu bihugu byombi bibungabungwe.
  • Kubaka icyizere hagati y’impande zombie, cyane cyane kuba hari impungenge ku byahise (inkunga ku mitwe yitwaje intwaro, ubwicanyi, ivanguramoko, n’ibindi) bizasaba igihe, ibiganiro, n’ubutabera busesuye.

 Umwanzuro

Umuhango uteganyijwe kuwa 04/12/2025 wo gushyira umukono ku masezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda uje ari intambwe ikomeye, kuko aya masezerano ashobora kuba intangiriro y’igihe gishya cy’amahoro, imikoranire n’iterambere mu karere k’Ibiyaga bigari. Ariko kandi, kugira ngo ibyo byose bigerweho, bizasaba uruhare rukomeye rwa buri ruhande mu kwimakaza amahoro no gushyira mu bikorwa ibyemeranijweho muri aya masezerano.

Yanditswe na Ndamukunda Jean Pierre

Previous Post

Umusore n’inkumi bahohotewe habura umunsi umwe ngo bakore ubukwe

Next Post

Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

Next Post

Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

STAY CONNECTED

IZINDI NKURU

  • Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Last Kabano: Umuhanzi mushya uri kuzamuka mu Rwanda, waje kuzana imbaraga n’umudiho wihariye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Abatuye Umujyi wa Huye basoje umwaka wa 2025 mu byishimo n’icyizere cy’ejo hazaza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Kirehe: Amazi meza yabaye ingume, bishyira abaturage mu kaga ko kwandura indwara ziterwa n’umwanda

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
UMUSHINGA TV

UMUSHINGA TV & Radio is a combined digital and broadcast media platform showcasing and promoting projects of all kinds

Recent News

  • Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026
  • Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya
  • Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Category

  • amahanga
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Politics
  • ubukungu
  • ubutabera
  • Uncategorized
  • Utuntu n’utundi

Recent News

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio

No Result
View All Result
  • Home
  • ubutabera
  • amahanga
  • Imikino
  • ubukungu
  • imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Utuntu n’utundi

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio