Wednesday, March 11, 2026
UMUSHINGA TV
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • ubutabera
  • Amahanga
  • imyidagaduro
  • Imikino
  • Ikoranabuhanga
English Version
No Result
View All Result
UMUSHINGA TV
No Result
View All Result
Home ubukungu

Rwanda mu masezerano ya miliyoni $228 na Amerika: Ubufatanye bushya mu buvuzi nyuma y’amasezerano y’amahoro

Ndamukunda Jean Pierre by Ndamukunda Jean Pierre
December 7, 2025
in ubukungu
0
Rwanda mu masezerano ya miliyoni $228 na Amerika: Ubufatanye bushya mu buvuzi nyuma y’amasezerano y’amahoro
0
SHARES
7
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Related posts

KAYONZA: Uburyo bushya bwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere burimo gushyirwa mu bikorwa: Umushinga wa Miliyari 300 z’amanyarwanda ugamije kuhira imirima 2026-2031.

KAYONZA: Uburyo bushya bwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere burimo gushyirwa mu bikorwa: Umushinga wa Miliyari 300 z’amanyarwanda ugamije kuhira imirima 2026-2031.

December 15, 2025
Kigali: Hafunguwe irerero rizajya ryakira abana b’abashoferi

Kigali: Hafunguwe irerero rizajya ryakira abana b’abashoferi

September 19, 2025

Leta y’u Rwanda yasinye amasezerano mashya n’Amerika agera kuri $228 miliyoni (abarirwa hejuru ya miliyari 290 Frw), agamije guteza imbere ubuzima bw’abaturage no kongerera igihugu ubushobozi bwo guhangana n’indwara zandura. Iyi “deal” ije mu masaha macye nyuma y’itangazwa ry’amasezerano y’amahoro hagati ya Kigali na Kinshasa, ibintu abasesenguzi babona nk’icyerekana uburyo umutekano n’imibanire myiza bishobora kuzana inyungu mu bukungu no mu iterambere.

Amakuru aturuka muri Business Insider Africa yemeza ko aya masezerano agena ko miliyoni $158 azashyirwa mu bikorwa byo gukumira no guhangana n’indwara zibyorezo zirimo Malaria na HIV/AIDS, kimwe no gutegura uburyo bugezweho bwo kwirinda no guhangana n’ejo hazaza h’indwara zikwirakwira vuba. Miliyoni $70 asigaye, u Rwanda ruzayatangamo ubufasha rwayo bw’imbere, mu rwego rwo kongerera igihugu ubushobozi bwo kwigira aho kudahora cyiteze inkunga z’amahanga zonyine.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ishimangira ko iyi gahunda igaragaza icyerekezo gishya cy’u Rwanda mu kubaka “sisitemu y’ubuzima ifite ubushobozi, yigenga kandi ishingiye ku bumenyi no ku ikoranabuhanga.” Iyo minisiteri ivuga ko igihugu gishaka gutera intambwe igana ku kuba icyitegererezo mu buvuzi mu karere, cyubakiye ku bushakashatsi, ikoranabuhanga n’ubuvuzi bugezweho.

Abasesenguzi mu by’ubukungu bavuga ko aya masezerano azagira ingaruka zihuse ku mibereho y’abaturage, kuko azafasha kugabanya ubwandu bushya bw’indwara, korohereza abaturage kubona imiti n’ubuvuzi, ndetse no kugabanya ubucucike mu bitaro. Bavuga ko abaturage bafite ubuzima bwiza batanga umusaruro mu bukungu bw’igihugu, bityo iyi gahunda ikaba atari iy’ubuzima gusa, ahubwo iy’ubukungu n’iterambere ry’igihe kirekire.

Hari kandi ababona ko aya masezerano ari igisubizo cyihuse nyuma y’amasezerano y’amahoro na Congo, cyane ko amahoro n’umutekano bitanga icyizere ku bashoramari n’ibihugu bikomeye. Kuba Amerika yahise ishyira umukono ku masezerano nk’aya, bigaragaza ko ibona u Rwanda nk’intambwe ikomeye mu mahoro y’akarere no mu iterambere rya Afurika y’Iburasirazuba. Ibi bishobora gusiga inzira ifunguye ku bundi bufatanye nagyakazi, cyane cyane mu bukungu n’ishoramari ry’igihe kirekire.

Gusa nubwo hari ibyiza byinshi biteganyijwe, igihugu kiracyakeneye kongera umubare w’abahanga mu buvuzi, ubushakashatsi n’ibikoresho bigezweho. Hari n’indi ngorane yo kubona ubushobozi bwo kubaka sisitemu ishobora gukomeza izi gahunda mu gihe cy’igihe kirekire mu gihe inkunga yaba yarangiye. Abashinzwe iby’ubuzima bavuga ko iki ari cyo gihe cyo gushora mu myigire y’abakozi, ikoranabuhanga n’ibikorwaremezo bikomeye.

Mu ncamake, amasezerano mashya y’u Rwanda na Amerika ni indi ntambwe mu rugendo rw’igihugu rwo kubaka ubuzima bukomeye, ubumenyi bugezweho n’ubukungu bushingiye ku muturage ufite ubuzima buzira umuze. Abanyarwanda biteze ko aya masezerano azabafasha kubona serivisi nziza z’ubuvuzi mu gihe kizaza, ndetse akubake igihugu gishobora guhangana n’indwara n’ibyorezo bitandukanye no kuba icyitegererezo ku bindi bihugu bya Afurika.

Previous Post

Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

Next Post

Washington, DC: u Rwanda na DRC basinye amasezerano y’amahoro n’ubufatanye – ariko intambara iracyakomeje

Next Post
Washington, DC: u Rwanda na DRC basinye amasezerano y’amahoro n’ubufatanye – ariko intambara iracyakomeje

Washington, DC: u Rwanda na DRC basinye amasezerano y’amahoro n’ubufatanye – ariko intambara iracyakomeje

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

STAY CONNECTED

IZINDI NKURU

  • Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    Amakuru Mashya! Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro afungiye i New York

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Last Kabano: Umuhanzi mushya uri kuzamuka mu Rwanda, waje kuzana imbaraga n’umudiho wihariye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Abatuye Umujyi wa Huye basoje umwaka wa 2025 mu byishimo n’icyizere cy’ejo hazaza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Bujura bw’amatungo mu Murenge wa Rwaniro, Huye Inka n’ihene byibwe mu kagali ka Gatwaro

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Kirehe: Amazi meza yabaye ingume, bishyira abaturage mu kaga ko kwandura indwara ziterwa n’umwanda

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
UMUSHINGA TV

UMUSHINGA TV & Radio is a combined digital and broadcast media platform showcasing and promoting projects of all kinds

Recent News

  • Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026
  • Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya
  • Uganda yerekeje mu matora rusange azagena umutekano n’ejo hazaza h’igihugu

Category

  • amahanga
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Politics
  • ubukungu
  • ubutabera
  • Uncategorized
  • Utuntu n’utundi

Recent News

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

Inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026

February 7, 2026
Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

Urubanza rwa Jeffrey Epstein Rwongeye Kugarukwaho ku Isi Nyuma y’Isohoka ry’Inyandiko Nshya

February 5, 2026

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio

No Result
View All Result
  • Home
  • ubutabera
  • amahanga
  • Imikino
  • ubukungu
  • imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Imibereho myiza
  • Utuntu n’utundi

© 2025 umushinga - Umushinga TV & Radio